Inkuru Nyamukuru

Dukeneye abakinnyi bashya, dukeneye abakinnyi beza – Umutoza wa Man United

todayAugust 14, 2022 79

Background
share close

Umutoza Erik ten Hag wa Manchester United avuga ko iyi kipe icyeneye abakinnyi beza nyuma yo kwemera ko urwego rw’abakinnyi ifite atari rwiza bihagije.

Umutoza wa Manchester United avuga ko icyeneye abakinnyi beza

Ku wa gatandatu ubwo hakinwaga umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Bwongereza, Macnhester United yanyagiwe ibitego 4-0 kwa Brentford itsindwa ibitego bine mu minota 35 ibanza y’umukino ndetse kugeza ubu nta nota ifite nyuma y’imikino ibiri ya shampiyona ya Premier League y’uyu mwaka.

Umuholandi Ten Hag, watangiye gutoza iyi kipe mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka, yabwiye Sky Sports ko uko ibintu bimeze ari “urugendo rugoye”.

Yagize ati: “Tugomba gutanga urwego rwo hejuru kurusha ibyo twakoze uyu munsi. Nk’ikipe, turi mu rugendo rugoye. Uba witeze intangiriro itandukanye. Si yo twari twiteze. Ducyeneye abakinnyi bashya. Ducyeneye abakinnyi beza. Ibyo turimo kubikoraho kandi tuzakora ikintu cyose kugira ngo tubemeze kuza”.

Manchester United imaze igihe ishakisha abakinnyi bashya kuva igura n’igurisha ryatangira, nyuma y’uko mu mwaka ushize isoje iri ku mwanya wa gatandatu, ndetse no ku cyumweru gishize igatungurwa iri ku kibuga cyayo igatsindwa na Brighton ibitego 2-1.

Mu bakinnyi umutoza Ten Hag yashakishije cyane harimo umukinnyi wo hagati wa Barcelona, Frenkie de Jong, ariko amakuru avuga ko uyu mukinnyi w’imyaka 25 yavuze ko yahitamo kujya muri Chelsea igihe yaba avuye muri Barcelona.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Imyidagaduro: Kizz Daniel ukunzwe mu ndirimbo ‘Buga’ yashimishije Abanyakigali (Amafoto )

Iserukiramuco ryiswe ‘A Thousand Hills Festival’ ribaye ku nshuro ya mbere mu Rwanda, ku munsi waryo wa kabiri ryasusurukijwe n’umuhanzi mukuru Kizz Daniel ukunzwe cyane mu ndirimbo ‘Buga’ kuri ubu, n’ubwo imitegurire ndetse n’ubwitabire bitari binogeye ijisho guhera mu kwinjira ndetse no mu itangira ry’igitaramo nyirizina. Iri serukiramuco ryasojwe ku wa Gatandatu, tariki 13 Kanama 2022, i Rebero muri Canal Olympia abaryitabiriye banyuzwe n’imiririmbire y’abitwaga abahanzi bakuru barimo Kizz Daniel, […]

todayAugust 14, 2022 118

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%