Inkuru Nyamukuru

Kenya: William Ruto niwe watsinze amatora ya perezida, yiyemeza kuyobora guverinoma y’umucyo

todayAugust 15, 2022 143

Background
share close

Perezida wa Komisiyo y’amatora ya Kenya yatangaje ko William Ruto ari we watsinze amatora ya perezida n’amajwi 50.49%.

Perezida wa Komisiyo y’amatora ya Kenya ashyikiriza William Ruto inyandiko y’ibyavuye mu matora kuri Bomas of Kenya

Abakomiseri bane (4) kuri barindwi (7) ba komisiyo y’amatora, bari basohotse muri Bomas of Kenya ahatangarijwe ibi, bajya kuganira n’abanyamakuru.

Uhagarariye aba ba komiseri yavuze ko bo bitandukanyije n’ibigiye gutangazwa byavuye mu matora kubera “umwijima muri iki kiciro cya nyuma” cyo kubara amajwi.

Nyuma yo gutangazwa ko yatsinze amatora, William Ruto yashimiye Imana n’abaturage ba Kenya kuko ngo “hari ibyari byitezwe ko tutagera hano”.

Akajagari n’imirwano mbere yo gutangaza uwatsinze

Mu gihe perezida wa komisiyo y’amatora Wafula Chebukati yari aje gutangaza ibyavuye mu matora mu nyubako ya Bomas of Kenya i Nairobi, habaye imirwano hagati y’impande zitandukanye.

Abashinzwe umutekano bagerageje kugarura umutekano bakoresheje inkoni.

BBC yatangaje ko abashyigikiye Raila Odinga muri iki cyumba cya Bomas of Kenya bagaragaje ko batishimiye ibyaba bigiye gutangazwa.

Wafula Chebukati, perezida wa komisiyo y’amatora yavuze ko ibintu bitari byoroshye ndetse abakomiseri babiri bakomeretse, ntiyavuze byinshi kuri ibi. Ashimangira ko komisiyo izahagarara imbere y’abayitera ubwoba.

Komisiyo y’amatora ifite bitarenze kuwa kabiri tariki 16 Kanama 2022, kuba yatangaje ibyavuye mu matora.

Abakandida William Ruto, George Wojackoyah na David Mwaure Waihiga bari kuri Bomas of Kenya aho ibi byabereye, Raila Odinga ntabwo yahagaragaye.

Ibyavuye mu matora: 

  • William Ruto yatagangajwe nka perezida watowe n’amajwi 50.49%
  • Raila Odinga, yagize amajwi 48.85% nk’uko komisiyo y’amatora yabivuze
  • George Wajackoyah na David Mwaure bombi hamwe bagize munsi ya 1%  

Martha Karua wari umukandida visi perezida wa Raila Odinga yanditse kuri Twitter avuga ko ibi bitarangiye.

Ruto, yavuze ko azayobora guverinoma y’umucyo, na demokarasi.

Ati: “Ndashaka kwizeza abanya-Kenya bose uwo batoye wese ko iyi izaba guverinoma yabo.

“Ndashaka kubabwira [ba mukeba] ko ntacyo bakwiye kwikanga, nta mwanya uhari wo kwihora. Nzi neza cyane ko igihugu cyacu kigeze aho gikeneye amaboko yose ngo kijye imbere.

“Ntidufite umwanya wo kureba inyuma. Ntidufite umwanya wo gutunga intoki. Ntidufite umwanya wo gushinja. Tugomba…gukorana tugana kuri Kenya ikora, ifite demokarasi, iteye imbere.”

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Imyiteguro yo kubaka Bazilika ya Kibeho irarimbanyije

Musenyeri Célestin Hakizimana, umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro, avuga ko hakiri igihe kugira ngo Bazilika ya Kibeho itangire kubakwa, ariko ko hagiye gushyirwaho Komite yo gukurikirana imyubakire yayo. Musenyeri Hakizimana avuga ko icyemezo cyo gushyiraho komite ikurikirana imyubakire ya Bazirika ya Kibeho bakiganiriyeho tariki 27 Nyakanga 2022, hamwe n’ishyirahamwe ryo kuyubaka, nyuma y’uko bari basinyanye amasezerano y’ubufatanye, imbere y’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru n’ubw’Intara y’Amajyepfo. Agira ati “Abazakurikirana iby’imyubakire ya […]

todayAugust 15, 2022 162

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%