Perezida wa Komisiyo y’amatora ya Kenya yatangaje ko William Ruto ari we watsinze amatora ya perezida n’amajwi 50.49%.
Perezida wa Komisiyo y’amatora ya Kenya ashyikiriza William Ruto inyandiko y’ibyavuye mu matora kuri Bomas of Kenya
Abakomiseri bane (4) kuri barindwi (7) ba komisiyo y’amatora, bari basohotse muri Bomas of Kenya ahatangarijwe ibi, bajya kuganira n’abanyamakuru.
Uhagarariye aba ba komiseri yavuze ko bo bitandukanyije n’ibigiye gutangazwa byavuye mu matora kubera “umwijima muri iki kiciro cya nyuma” cyo kubara amajwi.
Nyuma yo gutangazwa ko yatsinze amatora, William Ruto yashimiye Imana n’abaturage ba Kenya kuko ngo “hari ibyari byitezwe ko tutagera hano”.
Akajagari n’imirwano mbere yo gutangaza uwatsinze
Mu gihe perezida wa komisiyo y’amatora Wafula Chebukati yari aje gutangaza ibyavuye mu matora mu nyubako ya Bomas of Kenya i Nairobi, habaye imirwano hagati y’impande zitandukanye.
George Wajackoyah na David Mwaure bombi hamwe bagize munsi ya 1%
Martha Karua wari umukandida visi perezida wa Raila Odinga yanditse kuri Twitter avuga ko ibi bitarangiye.
Ruto, yavuze ko azayobora guverinoma y’umucyo, na demokarasi.
Ati: “Ndashaka kwizeza abanya-Kenya bose uwo batoye wese ko iyi izaba guverinoma yabo.
“Ndashaka kubabwira [ba mukeba] ko ntacyo bakwiye kwikanga, nta mwanya uhari wo kwihora. Nzi neza cyane ko igihugu cyacu kigeze aho gikeneye amaboko yose ngo kijye imbere.
“Ntidufite umwanya wo kureba inyuma. Ntidufite umwanya wo gutunga intoki. Ntidufite umwanya wo gushinja. Tugomba…gukorana tugana kuri Kenya ikora, ifite demokarasi, iteye imbere.”
Post comments (0)