Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yashimye William Ruto watorewe kuyobora Kenya

todayAugust 16, 2022 101

Background
share close

Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa kabiri tariki 16 Kanama 2022, yashimye William Ruto watorewe kuba Perezida wa Kenya ndetse kandi u rwanda ruha agaciro umubano w’ibihugu byombi.

Ni mu butumwa bw’ishimwe Umukuru w’igihugu yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, ndetse ashima n’uburyo Abanya-Kenya bitwaye mu bihe by’amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Ati “Mu izina rya Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda, ndashimira abavandimwe bacu bo muri Kenya ku bw’amatora yabaye mu mahoro kuwa 9 Kanama 2022, ndashimira kandi Nyakubahwa Dr William Samoei Ruto, Perezida watowe.”

Yavuze kandi ko Guverinoma y’u Rwanda iha agaciro inyungu ziri mu mubano mwiza n’ubutwererane Hagati y’ u Rwanda na Kenya.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame na madamu Jeannette Kagame babaruwe mu ibarura rusange rya gatanu

PerezidaPaul Kagame na Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa Kabiri taliki 16 Kanama 2022, babaruwe mu gikorwa cy'Ibarura rusange rya gatanu ry'abaturage n'imiturire cyatangijwe n'Ikigo cy'igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR). Amakuru y’ibarura ku muryango w'Umukuru w'Igihugu yanditswe na Yusuf Murangwa, Umuyobozi mukuru wa NISR. Ijoro rya tariki ya 15 rishyira tariki ya 16 Kanama 2022 ni ryo fatizo ry'ibarura rusange aho abaturage basabwa kumenya amakuru y'abazaba baraye mu rugo barimo abasanzwe […]

todayAugust 16, 2022 211

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%