Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi Mukuru wa ’Formula One’

todayOctober 2, 2022 177

Background
share close

Perezida Paul Kagame, uri mu ruzinduko muri Singapore, ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 2 Ukwakira 2022, yahuye n’umuyobozi mukuru wa Formula One Group, Stefano Domenicali.

Perezida Kagame kandi yarebye isiganwa rikuru ry’utumodoka duto rya Singapore Grand Prix, wabereye kuri Marina Bay Circuit.

Umukuru w’Igihugu kandi yanitabiriye umusangiro wateguwe na Minisitiri w’Intebe wa Singapore, Lee Hsien Loong.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ari mu ruzinduko rw’iminsi itatu agirira mu gihugu cya Singapore, guhera ku wa gatanu tariki 30 Nzeri, rukaba kandi rwarasinyiwemo amasezerano azatuma u Rwanda rutangira kohereza abanyeshuri muri kaminuza ya NTU iri muri za mbere zikomeye ku Isi, ibyo bikazatangira mu mwaka utaha.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Cardinal Kambanda yasomeye Misa muri Gereza ya Nyarugenge, 23 barakomezwa

Antoine Cardinal Kambanda, yaturiye igitambo cya Misa muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere, muri Santarali yaragijwe Mutagatifu Tereza w’Umwana Yezu, kuri iki cyumweru tariki ya 02 Ukwakira 2022, maze abantu 23 barakozwa. Cardinal Kambanda yasomeye Misa muri Gereza ya NyarugengeNi mu rwego rwo kwizihiza Umunsi mukuru wa Mutagatifu Tereza w’Umwana Yezu, witiriwe iyo Santarali y’iyo gereza, biba n’umwanya wo gutanga Isakaramentu ry’ugukomezwa ku bigishwa 23 bo muri iyo Gereza. […]

todayOctober 2, 2022 176

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%