Inkuru Nyamukuru

Ukekwaho guhanura indege yahitanye abantu 259 yatawe muri yombi

todayDecember 13, 2022 155

Background
share close

Leta zunze ubumwe z’Amerika yataye muri yombi Umunyalibiya ukekwaho uruhare mu ihanurwa ry’indege ya kompanyi Panam mu 1988 hejuru ya Lockerbie mu Bwongereza.

Uwo Munyalibiya yitwa Abu Agila Mohammad Mas’ud Kheir Al-Marini. Minisiteri y’ubutabera y’Amerika ivuga ko azagezwa bwa mbere imbere y’umucamanza mu minsi iri imbere i Washington, ariko ntisobanura uburyo yamutaye muri yombi.

Gusa mu kwezi gushize, bimwe mu bitangazamakuru byo muri Libiya byavuze ko Mas’ud yashimuswe n’abantu batazwi bari bitwaje intwaro iwe i Tripoli, umurwa mukuru wa Libiya, ku itariki ya 16 Ugushyingo.

Mu Ukuboza 2020, ni bwo Leta zunze ubumwe z’Amerika yatangaje ko yashyikirije urukiko ikirego kuri Mas’ud. Icyo gihe yari afunze muri gereza muri Libiya.

Yaba yarabwiye leta ya Libiya amakuru nyayo y’uruhare rwe mu ihanurwa ry’indege ya Panam, yaturikijwe n’igisasu yari itezemo hejuru ya Lockerbie, ku itariki ya 21 Ukuboza 1988. Icyo gikorwa cy’iterabwoba cyahitanye abantu bari bayirimo bose uko bari 259, barimo Abanyamerika 190.

Mas’ud abaye umunyalibiya wa gatatu ugiye kuburanishwa, nyuma ya Abdel Baset Ali al-Megrahi na Lamen Khalifa Fhimah, bari bashyikirijwe ubucamanza mpuzamahanga na leta ya Colonel Kaddafi.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Nta terambere ryagerwaho iteka duhora dusubira mu bintu bimwe gusa – Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko nta terambere ryagerwaho mu gihe iteka hahora hasubirwamo ibintu bimwe gusa, kuko bituma hari byinshi by’ingenzi bitagerwaho. Perezida Paul Kagame Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, aho yitabiriye inama igaruka ku bufatanye mu iterambere izwi nka 2022 Effective Development Co-operation Summit, ibera mu Busuwisi. Yagaragaje ko mu myaka irindwi ishize, Isi yashyize ku ruhande ibiyitandukanya maze hagashyirwaho intego 17 zigamije […]

todayDecember 13, 2022 45

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%