Abana icyenda baciye agahigo ku isi ko kuvukira icyarimwe bakaba bakiriho kugeza ubu bamaze gusubira iwabo muri Mali bameze neza nyuma y’umwaka n’igice bavukiye muri Maroc bakahaguma mu rwego rwo kubitaha.
Izi mpanga zidasanzwe zavukiye mu ivuriro ryigenga muri Gicurasi 2021 i Casablanca muri Maroc ari naryo ryakomeje kubakurikirana.
Baciye umuhigo wa Guiness World Record w’abana b’impanga benshi bavukiye rimwe kandi bakabaho.
Bageze ku kibuga cy’indege cya Bamako muri Mali saa munani z’ijoro kuri uyu wa kabiri bari kumwe n’ababyeyi babo, bakirwa na ministiri w’ubuzima Diéminatou Sangaré.
Abo bana ni abakobwa batanu aribo Kadidia, Fatouma, Hawa, Adama na Oumou, n’abahungu bane barimo Mohammed VI, Oumar, Elhadji, na Bah.
BBC itangaza ko umwe muri aba bana b’abahungu yitiriwe umwami wa Maroc Mohammed VI kuko yatanze ubufasha mu kwita kuri aba bana na nyina mbere na nyuma y’uko bavutse.
Post comments (0)