Inkuru Nyamukuru

Mali: Abana icyenda bavukiye rimwe ku isi batashye bafite ubuzima bwiza

todayDecember 13, 2022 645

Background
share close

Abana icyenda baciye agahigo ku isi ko kuvukira icyarimwe bakaba bakiriho kugeza ubu bamaze gusubira iwabo muri Mali bameze neza nyuma y’umwaka n’igice bavukiye muri Maroc bakahaguma mu rwego rwo kubitaha.

Izi mpanga zidasanzwe zavukiye mu ivuriro ryigenga muri Gicurasi 2021 i Casablanca muri Maroc ari naryo ryakomeje kubakurikirana.  

Baciye umuhigo wa Guiness World Record w’abana b’impanga benshi bavukiye rimwe kandi bakabaho.  

Bageze ku kibuga cy’indege cya Bamako muri Mali saa munani z’ijoro kuri uyu wa kabiri bari kumwe n’ababyeyi babo, bakirwa na ministiri w’ubuzima Diéminatou Sangaré.

Abo bana ni abakobwa batanu aribo Kadidia, Fatouma, Hawa, Adama na Oumou, n’abahungu bane barimo Mohammed VI, Oumar, Elhadji, na Bah. 

BBC itangaza ko umwe muri aba bana b’abahungu yitiriwe umwami wa Maroc Mohammed VI kuko yatanze ubufasha mu kwita kuri aba bana na nyina mbere na nyuma y’uko bavutse.  

Bavutse bafite gusa ibyumweru 30 nk’uko Fanta Siby minisitiri y’ubuzima ya Mali yabitangaje igihe bavukaga. Ubusanzwe umugore atwita igihe cy’ibyumweru 40.   

Halima Cissé wari ubatwite icyo gihe afite imyaka 25 byabaye ngombwa ko ajyanwa muri Maroc avuye iwabo muri Mali kugira ngo abone ubuvuzi bwisumbuyeho. 

Iyi mbyaro y’abana icyenda yatunguye abaganga kuko bari biteze abana barindwi nk’uko mbere byari byagaragajwe n’ibyuma bisuzuma ababyeyi.

Mbere ya Halima, umuhigo w’abana benshi bavukiye rimwe bakabaho wari ufitwe n’umunyamerikakazi Nadya Suleman.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga byatangijwe mu gihugu hose

Ibizamini byo gukorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’agateganyo n’urwa burundu byatangiye ku wa Mbere tariki ya 12 Ukuboza, mu Mujyi wa Kigali no mu ntara zose, hasabwa abiyandikishije kwitegura neza kugira ngo umubare w’abatsindwa ibizamini ubashe kugabanuka. Polisi y'u Rwanda yegereje abaturage serivisi z’ibizamini byo gutwara ibinyabiziga aho ibigo 16 byafunguwe hirya no hino mu gihugu kugira ngo byorohereze umubare munini w'abiyandikishije, nyuma y’uko no kwiyandikisha byafunguwe mu buryo buhoraho. […]

todayDecember 13, 2022 2071 1

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%