Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Comores byasinyanye amasezerano y’ubufatanye

todayJanuary 16, 2023 66

Background
share close

U Rwanda na Comores byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu guteza imbere umubano hagati y’ibihugu byombi.

Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa mbere tariki 16 Mutarama hagati ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta na mugenzi we wa Comores, Dhoihir Dhoulkamal.

Kuva ku Cyumweru tariki 15 Mutarama, Minisitiri Biruta ari mu ruzinduko rw’akazi muri iki guhugu aho yakiriwe na mugenzi we wa Comores, bagirana ibiganiro byibanze ku gushimangira umubano w’ibihugu byombi.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Comores, Dhoihir Dhoulkamal mu butumwa yashyize kuri Twitter, yavuze ko amasezerano yasinywe agamije gushimangira ubufatanye hagati ya Kigali na Moroni.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Isomwa ry’urubanza rwa Bamporiki ryasubitswe

Isomwa ry’Urubanza rwa Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, ryari riteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki 16 Mutarama 2023 ryasubitswe, ryimurirwa tariki 23 Mutarama 2023 saa munani (14h00) zuzuye. Bamporiki EdouardUmuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Harrison Mutabazi, yatangaje ko impamvu urubanza rwe rwasubitswe ari uko rutararangizwa kwandikwa.Ati “Ntabwo urubanza rurarangizwa kwandikwa kandi ubundi urukiko rusoma imyanzuro yanditse, niyo mpamvu rwasubitswe ngo rubanze rwandikwe rwose”. Taliki 19 […]

todayJanuary 16, 2023 87

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%