Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo babiri bakekwaho kwakira ruswa, barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, Bucyana Alex.
Undi watawe muri yombi ni Ndagijimana Ephrem, Umunyamabanga Nshingwabikora w’Akagari ka Gateko mu Karere ka Gasabo, bombi bakaba barafashwe ku ya 11 Gashyantare 2023.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, avuga ko bakekwaho kwakira ruswa, ati “Aba bagabo bombi bakurikiranyweho icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa, kugira ngo batange ibyangombwa byo kubaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko”.
Dr Murangira akomeza avuga ko ibi byabereye mu mudugudu wa Byimana, mu Kagari ka Gateko mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo.
Abafashwe kuri ubu bafungiye kuri Sitasiyo za RIB za Gisozi na Kimironko, mu gihe iperereza ririmo gukorwa kugira ngo dosiye zabo zishyikirizwe ubushinjacyaha mu gihe cyagenwe n’itegeko.
Dr Murangira ati “Aba bagabo babiri bakurikiranyweho icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa, gihanwa n’ingingo ya kane y’itegeko ryo kurwanya ruswa”.
Yongeraho ko ibihano bahabwa baramutse babihamijwe n’urukiko, ari igifungo cy’imyaka hagati y’itanu n’irindwi n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda, yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugera kuri eshanu z’agaciro k’indonke bakiriye.
Umupasiteri ukorera ubutumwa mu itorero rya ADEPR mu Karere ka Nyabihu, afatiwe mu icumbi ryo mu Kinigi ryitwa No Stress Bar and Lodge, akekwaho gusambanya umugore w’undi mugabo. Ni amakuru yamenyekanye mu ma saa saba yo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gashyantare 2023, nyuma y’uko umugabo w’uwo mugore bafatanye na Pasiteri, ahamagaye Polisi Stasion ya Kinigi ayitabaza. Yabikoze amaze kumenya ko Pasiteri ari kumusambanyiriza umugore muri iyo Lodge, nk’uko […]
Post comments (0)