Mu rwego rwo kumenyekanisha u Rwanda ndetse n’ibihakorerwa, ikigo gishinzwe gucunga no guteza imbere AkadomoRw (RICTA), kirahamagarira abafite ibigo bikoresha ikoranabuhanga byo mu Rwanda gukoresha akadomoRw (.rw), kuko bigaragaza ibyo bakora byihuse mu Rwanda n’ahandi.
Abanyarwanda barakangurirwa gukoresha AkadomoRw
N’ubwo mu Rwanda hari ibigo byinshi bitandukanye ariko usanga bataritabira neza gukoresha AkadomoRw, kuko imibare igaragaza ko ibigo bigera kuri 6500 gusa aribyo bigakoresha, kandi nabyo byiganjemo ibya Leta ndetse n’ibiyishamikiyeho.
Gukoresha akadomoRw ku bigo bikorera mu Rwanda harimo inyungu zitandukanye, kuko birinda ko hari ushobora kubatwarira izina akaba ashobora kuryiyitirira.
Bamwe mu bakoresha ibindi birangano birimo akadomoCom, akadomoNet, akadomoOrg n’ibindi, bavuga ko abenshi bagifite imyumvire itari ihagije ku mikoreshereze y’akadomoRw, bigatuma abenshi batizera umutekano w’ibyabo.
Francine Andrew Saro, ni rwiyemezamirimo ufite urubuga rw’itangazamakuru rwitwa Feeza.com, avuga ko impamvu adakoresha akadomoRw, ari uko yari itaramenyekana cyane ku ruhando mpuzamahanga, kuri we agasanga hari umukoro abayishinzwe bafite wo kuyimenyekanisha.
Post comments (0)