Inkuru Nyamukuru

Ukraine: Ibigo by’imari byo mu Burusia byafatiwe ibihano by’imyaka 50

todayFebruary 25, 2023

Background
share close

Inteko ishinga amategeko ya Ukraine yafatiye ibihano by’imyaka 50 ibigo by’imari bikomoka mu Burusiya.

Abadepite 325 kuri 450 batoye bemeza ibihano bishya, bizamara imyaka 50. Mbere y’itora, minisitiri w’ubukungu, Madamu Yulia Svyrydenko, yababwiye ko bizashegesha banki amagana n’ibigo by’imari ibihumbi n’ibihumbi. Birimo banki nkuru, banki z’ubucuruzi zose, ibigega by’ishoramari, n’ibigo by’ubwishingizi.

Muri make, ibigo byo mu Burusiya byose ntibishobora guhanahana umutungo n’ibyo muri Ukraine. Bibujijwe gushorayo imari no kuhagira icyicaro. Ndetse ibyo muri Ukraine nabyo ntibyemerewe gukorana n’ibyo mu Burusiya no gushorayo imari.

Si ubwa mbere Ukraine ifatiye ibihano u Burusiya kuva bwayigabaho igitero. Yabifatiye sabayobozi n’abanyemali bo mu Burusiya. Yashyizeho kandi itegeko ribuza Abarusiya n’abantu bose bafitanye isano n’u burusiya gutunga ubutaka muri Ukraine.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

I Mutobo hatashywe ishuri ry’imyuga ryatwaye asaga Miliyoni 800

Ishuri ry’imyuga n’Ubumenyingiro rya Mutobo (Mutobo TVET School), ryatangiye kwigwamo n’abatahuka bavuye mu gisirikari cyo mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ndetse n’abandi baturage basanzwe, ryatwaye Miliyoni 800 z’Amafaranga y’u Rwanda, ryafunguwe ku mugaragaro ku wa Kane tariki 23 Gashyantare 2023, aho ryitezweho kuba isoko y’ubumenyi, buzafasha ibyo byiciro byombi guhanga imirimo, izatanga ibisubizo ku masoko. Ubwo abayobozi batahaga iryo shuri Ni ishuri rizajya ryigishirizwamo imyuga irimo […]

todayFebruary 25, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%