Inkuru Nyamukuru

Mauritania: Abanyururu bane batorotse gereza basiga bishe abashinzwe umutekano

todayMarch 6, 2023

Background
share close

Muri Mauritania abanyururu bane batorotse gereza mu murwa mukuru Nouakchott, basiga bishe bamwe mu bashinzwe umutekano.

Abo banyururu bivugwa ko babarizwaga mu mutwe w’intambara ntagatifu ya kislamu.

Minisitiri w’umutekanp imbere mu gihugu yatangaje ko abo banyururu bashyamiranye n’abashinzwe umutekano ubwo bageragezaga gutoroka, barasa abapolisi babiri bakomeretsa n’abandi babiri.

Mu itangazo Minisiteri yashyize ahagaragara kuri uyu wa mbere yatangaje ko abasirikare n’abapolisi bakomeje ibikorwa byo gucunga umutekano w’iyo gereza ndetse no gukomeza guhiga abo banyruru.

Nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru iby’abafaransa AFP, babiri muri abo banyururu bari barakatiwe igihano cyo gupfa, abandi babiri bari bategereje gucibwa urubanza baregwamo kuba mu mutwe w’iterabwoba.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ubushotoranyi bwa Congo bugamije gushoza intambara ku Rwanda – Alain Mukuralinda

Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda, avuga ko ubushotoranyi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bugamije gushoza intamara ku Rwanda. Alain Mukuralinda, Umuvugizi wungirije wa Guverinoma Yabivugiye mu kiganiro yagiranye na RBA, cyatambutse tariki ya 5 Werurwe 2023, aho yagarutse ku musirikare uherutse kurasirwa ku butaka bw’u Rwanda, ubwo yinjiraga arasa ku Ngabo z’u Rwanda bikamuviramo kuhasiga ubuzima. Ati “Bamwe mu basirikare baba bagerageza gushyira mu bikorwa imvugo z’urwango […]

todayMarch 6, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%