Ku Cyumweru tariki ya 5 Werurwe, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Gisagara, yafashe abasore babiri bacyekwaho kwiba insinga z’amashanyarazi n’imirindankuba bakajya kubigurisha mu byuma bishaje.
Abafashwe barimo umwe ufite imyaka 26 n’undi ufite 29, bafatanywe imirindankuba ipima ibilo 13 bagiye bakata ku nkingi z’amashanyarazi (Pylons) zo ku muyoboro mugari w’urugomero rwa Kibirizi.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko bafatiwe mu cyuho ku isaha ya saa yine z’amanywa mu mudugudu wa Kamugani, akagari k’Umunini mu murenge wa Kansi, biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.
Yagize ati: “Twahawe amakuru n’abaturage ko hari abasore babiri barimo kugenda bacukura baca insiga z’amashanyarazi bakiba imirindankuba. Twateguye igikorwa cyo kubafata, bafatirwa mu cyuho bamaze gukata ipima ibilo 13.”
Bakimara gufatwa bavuze ko iyo bamaze kuyiba bajya kuyigurisha mu byuma bishaje bizwi nk’injyamani aho bishyurwa Frw 3,500 ku kilo kimwe.
Post comments (0)