Twambajimana Eric, acyekwaho gutanga impapuro mpimbano zihamagaza (convocation) za RIB azoherereza umuntu wahunze igihugu kugira ngo azifashishe asaba ubuhungiro mu gihugu cy’ i Burayi, agaragaza ko yashakishwaga na RIB ku mpamvu za politike.
RIB itangaza ko izo mpapuro zafatiwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali. Ukurikiranyweho icyaha afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kacyiru, mu gihe iperereza rikomeje ngo dosiye itunganywe yoherezwe mu Bushinjacyaha.
Kuri uyu wa gatanu tariki 10 Werurwe 2023 nibwo i Kigali hasinyiwe amasezerano ya nyuma yemeza icyicaro cy’ikigega cy’isoko rusange rya Afurika mu Rwanda (AfCFTA). Ni umuhango wayobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta, ari kumwe n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda Dr. Jean Chrisostome Ngabitsinze, Umunyamabanga Mukuru w’ubuyobozi bwa AfCFTA hamwe n’umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije wa Banki ishinzwe guteza imbere ibyoherezwa n’ibitumizwa mu mahanga muri […]
Post comments (0)