Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, imibare itangwa n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda (NPPA) igaragaza ko hari abakekwaho ibyaha bya Jenoside barenga 1000 bakidegembya hirya no hino ku isi.
Umuhuzabikorwa w’Ishami Mpuzamahanga rishinzwe Ibyaha (ICD) mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubushinjacyaha (NPPA), Charity Wibabara, avuga ko icyo kigo cyakoze iperereza ku bakekwaho Jenoside bashakishwa n’ubutabera aho bahungiye mu bihugu bitandukanye, kugira ngo bafatwe bashyikirizwe ubutabera.
Imibare itangwa n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda yerekana ko Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ari yo ifite abantu benshi bashakishwa, n’ibyemezo mpuzamahanga byinshi byo guta muri yombi abakekwaho Jenoside kuko hoherejweyo ibirego 408 nk’uko inkuru ya The New Times ibivuga.
Mu gushakira umuti iki kibazo, Wibabara avuga ko Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwakoze ingendo z’ubugenzuzi mu bihugu bitandukanye, kugira ngo bashishikarize ishyirwaho ry’inzego z’amategeko mu bihugu bitari byahana abakoze ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyoko muntu, ndetse no gushyiraho amasezerano y’impande zombi arebana no guta muri yombi no kohereza abakekwaho Jenoside.
Mu ijambo rye, atangiza Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Perezida Paul Kagame yageneye ubutumwa abagize uruhare muri Jenoside n’abakomeje kubakingira ikibaba, aho bahungiye hirya no hino ku Isi.
Perezida Kagame yagize ati “Mushobora kwirukanka ariko ntimushobora kwihisha, ntaho mufite ho kwihisha ibingibi mubona byaranze amateka yacu, rero na ba bandi bafite umwanya wo kuvuga ibyo bashaka kuvuga, ibyo ari byo byose bazabivuga. Kandi bashobora no gukora ibintu byinshi bagendeye kuri ibyo, ariko ikiriho ni uko badashobora kubona aho bihisha”.
Post comments (0)