Inkuru Nyamukuru

USA: Umukecuru w’imyaka 78 yatawe muri yombi ashinjwa gutera akiba banki

todayApril 11, 2023

Background
share close

Umugore w’imyaka 78 wigeze gufungwa inshuro ebyiri kubera kwiba banki yongeye gutabwa muri yombi bwa gatatu nyuma y’ubujura bwa banki yakoreye muri leta ya Missouri muri Amerika, nk’uko polisi ibivuga.

BBC ivuga ko Bonnie Gooch yinjiye muri Goppert Financial Bank maze ngo ahereza akandiko umukozi wo kuri ‘guichet’ ya bank amusaba ibihumbi by’amadorari muri cash.

Agiye kandi yasize akandi kandiko kavuga ngo “Urakoze, umbabarire sinari ngambiriye kugutera ubwoba”, nuko yatsa imodoka yandurukana ayo mafaranga.

Amakuru avuga ko uyu mukecuru yinjiye muri banki ku wa gatatu yambaye agapfukamunwa, amataratara y’umukara n’uturindantoki maze ahereza uwo mukozi wa banki akandiko kanditseho ngo “Ndashaka 13,000 mu noti ntoya”, nk’uko inyandiko z’urukiko zabonywe n’ikinyamakuru Kansas City Star zibivuga.

Amashusho y’umutekano yerekana hamwe Bonnie Gooch akubita kuri ‘guichet’ ahatira umukozi wa banki kugira vuba, nk’uko abashinjacyaha babivuga.

Ahagana saa cyenda z’amanywa ku isaha yaho, Polisi yo muri iyo leta yaratabaye nyuma yo gutabazwa ko hari ubujura burimo gukorwa, iza gufata Bonnie ari mu modoka ye anuka cyane inzoga, n’inoti yazinyanyagije hasi mu modoka, nk’uko abashinjacyaha babivuga.

Uyu mukecuru yahise atabwa muri yombi aregwa icyaha cyo kwiba cyangwa kugerageza kwiba banki. Gusa si ubwa mbere uyu mukecuru ashinjwe ubujura kuko yigeze kubuhanirwa kabiri.

Mu 1977 yahaniwe ubujura muri California, arongera ahanirwa kwiba banki mu 2020, ubwo ngo yahaye umukozi wa banki ikarita y’isabukuru yanditseho ngo “ubu ni ubujura”. Igihano cye ku bujura bwo mu 2020 cyarangiye mu Ugushyingo 2021.

Umuyobozi wa Polisi, Tommy Wright yavuze ko uyu mukecuru nta burwayi na bumwe bamusanganye, ariko kubera imyaka ye polisi irimo gusuzuma niba nta bibazo yagize mbere byamuteye gukora ibi.

Bonnie ubu ari muri kasho aho ashobora kurekurwa atanze $25,000 (asaga ibihumbi 270 Frw).

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Nyagatare: Abakekwaho ubujura 13 bafashwe mu cyumweru kimwe

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagatare, Ingabire Jenny, avuga ko mu cyumweru kimwe gusa hamaze gufatwa abantu 13 bakekwaho ubujura bagafatanwa n’ibyo bibye. Ibi bintu byose byakuwe mu nzu y’uyu mugore harimo n’umufariso Avuga ko ikibazo cy’ubujura gihari muri uyu Murenge ariko agashima ubufatanye abaturage bakomeje kugaragaraza mu gufata no kugaruza ibyibwe. Avuga ko muri uku kwezi kwa Mata, mu cyumweru kimwe gusa hamaze gufatwa abantu 13 kandi bafatanwa n’ibintu bikekwa […]

todayApril 11, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%