Abaturage bo mu Kagari ka Bumba mu Murenge wa Muyongwe mu Karere ka Gakenke, basanze umurambo w’umugabo mu mugezi wo muri ako gace, biza kumenyekana ko ari uw’uwitwa Habumugisha Adrien.
Uwo murambo wabonetse mu mugezi ku wa Kabiri tariki ya 11 Mata 2023, aho abaturage bakoresha iyo nzira bawubonye mu mazi batabaza ubuyobozi n’inzego zishinzwe umutekano, nk’uko Kigali Today yabitangarijwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyongwe, Ntezirizaza Faustin.
Yagize ati “Nibyo twabonye umurambo w’umugabo witwa Habumugisha Adrien, ufite imyaka 39, ni umuturage wacu utuye hafi y’umugezi twasanzemo uwo murambo”.
Gitifu Ntezirizaza yavuze uburyo bamenye ayo makuru, ati “Amakuru twayamenye saa kumi n’ebyiri n’iminota 20 z’igitondo, kubera ko ari ku nzira, ni umuturage wahanyuze agiye ku isoko abona uwo murambo mu mugezi. Ntabwo twamenye icyishe uwo muntu, inzego zishinzwe iperereza zirimo kubikurikirana”.
Uwo muyobozi avuga ko uwo murambo wahise ujyanwa mu bitaro bya Ruli, mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu ukajyanwa i Kigali mu bitaro bya Kacyiru gukorerwa isuzuma.
Mu butumwa Gitifu Ntezirizaza yageneye abaturage, yagize ati “Abaturage baho twabakoresheje inama turabahumuriza, tubagira n’inama yo kujya bataha hakiri kare nk’uko amabwiriza abiteganya, no gukomeza gucunga umutekano batanga amakuru ku gihe, mu gihe baba babonye icyateza umutekano muke”.
Dr Daniel Ngamije yageze i Genève mu Busuwisi aho agiye gutangira inshingano nshya zo kuyobora Porogaramu ishinzwe kurandura Malariya ku Isi. Ku wa Kabiri tariki 11 Mata 2023, nibwo Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yahaye ikaze Dr Daniel Ngamije. Abinyujije kuri Twitter yagize ati: “Nishimiye guha ikaze Dr Daniel Ngamije mu nshingano nshya nk’umuyobozi wa Porogaramu ishinzwe kurandura Malariya ku Isi. Mwifurije amahirwe […]
Post comments (0)