Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye Intumwa y’u Bwongereza ishinzwe ubucuruzi

todayMay 13, 2023

Background
share close

Perezida Paul Kagame, Kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Gicurasi 2023 yakiriye Lord Popat, Intumwa y’u Bwongereza mu by’ubucuruzi, hamwe n’itsinda bari kumwe mu ruzinduko mu Rwanda mu rwego rwo kureba amahirwe ahari mu ishoramari.

Perezida Kagame n’intumwa ziyobowe na Lord Popat, bagiranye ibiganiro byagarutse ku mahirwe y’ishoramari hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Lord Popat n’intumwa ayoboye basuye ibikorwa n’inzego zitandukanye, aho ku wa Kane bakiriwe n’umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) Clare Akamanzi, baganira uburyo bwo gushimangira ubufatanye mu ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Lord Popat yasuye ikigo cya Norrsken ndetse agirana ibiganiro n’amasosiyete y’ikoranabuhanga, asobanurirwa byinshi kuri izo sosiyete mu rwego rwo kwagura Ikoranabuhanga, ICT na serivisi z’urwego rw’ubucuruzi mu Rwanda ndetse n’uburyo u Bwongereza bushobora gushyigikira ibyo bikorwa binyuze mu gutera inkunga no gushora imari.

Ikigo cy’ikoranabuhanga cya Norrsken cyubatse mu Mujyi wa Kigali, gifasha urubyiruko rufite imishinga y’ikoranabunanga kugira ngo ishobore kuvamo imishinga ihindura ubuzima bw’abaturage.

Iki kigo cyatangijwe i Kigali kubera icyizere uyu mujyi ufitiwe mu rugendo rwo kuba igicumbi kibarizwamo ikoranabuhanga rigezweho ku Mugabane wa Afurika.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Abantu 70 bafunzwe bazira gukorera ku byangombwa bihimbano by’ubuforomo n’ububyaza

Inama y’Igihugu y’Abaforomokazi, Abaforomo n’Ababyaza (NCNM) yizihije Umunsi mpuzamahanga wahariwe Abaforomo, yamagana abo ivuga ko bakinira ku buzima bw’abantu, nyuma yo gufatanwa ibyangombwa byo gukora by’ibihimbano. Abayobozi ba NCNM na RNMU bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru Mu kiganiro NCNM yagiranye n’abanyamakuru ku wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023, Umwanditsi Mukuru wayo, Innocent Kagabo, yavuze ko hamaze gufatwa abagera kuri 70 bashinjwa gukorera ku byangombwa by’ibyiganano. Itegeko rigenga NCNM rigena ko umuntu ufite […]

todayMay 13, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%