Banku Nkuru y’u Rwanda (BNR), yaburiye abantu bose ibabuza kugana serivisi za sosiyete ya ‘Placier en Assurance Ltd’ ibasaba guhagarika gukorana na yo, kuko ikora mu buryo butemewe n’amategeko. Ni sosiyete ngo yiyitirira guha serivisi z’ubuhuza abafatabuguzi b’ubwishingizi nyamara itabifitiye uburenganzira butangwa na BNR.
Banku Nkuru y’u Rwanda
Itangazo ryashyizweho umukono na Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, rivuga ko ubuhuza mu by’ubwishingizi ari umurimo ugenzurwa na Banki ayoboye, nk’uko biteganywa n’amategego. Rikomeza rivuga ko amategeko ari yo agena ibigenderwaho mu kwemerera abahuza mu bwishingizi gukora, ndetse n’ibindi basabwa kugira ngo bemererwe gukora uwo murimo.
Igika cya gatatu gikomeza kigira kiti “Ni muri urwo rwego Banki Nkuru y’u Rwanda ishingiye ku mategeko yavuzwe ndetse n’amabwiriza rusange, iburira abantu bose ko ikigo cyitwa ‘Placier en Assurance Ltd’, kitemerewe gukora ubuhuza mu by’ubwishingizi. Bityo, umuntu wese uzabirengaho agakorana n’iki kigo azirengera ingaruka zabyo”.
Kuri uyu wa Kabiri, Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’igikomangoma Abdulaziz bin Salman Al Saud akaba na Minisitiri w’Ingufu wa Arabiya Saoudite. Aba bayobozi bombi bagiranye ibiganiro byibanze ku gutsura umubano w’ibihugu byombi, cyane cyane mu bijyanye n’ishoramari mu bikorwa remezo. Ibiganiro byabo kandi byagarutse ku busabe bwa Arabiya Saoudite, aho basabye u Rwanda kuyishyigikira kugira ngo ibashe kwakira Imurikagurisha ry’isi. Minisitiri w’ingufu muri Arabiya Saoudite yari aherekejwe na Faisal […]
Post comments (0)