Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, yatangaje ko afungiye kuri Sitasiyo ya Kimihurura, mu gihe dosiye ye iri gutunganywa ngo yohererezwe Ubushinjacyaha mu gihe cyagenwe n’Itegeko.
Nubwo RIB itasobanuye byinshi kuri icyo cyaha ashinjwa kuko ngo ikiri mu iperereza, Dr Murangira yasabye abantu kumenya ibyo amategeko ateganya mu kazi kabo ka buri munsi no kubahiriza amategeko, kuko ari bwo buryo bwiza burinda buri muntu wese gukora ibyo akora atekanye.
Apôtre Yongwe watawe muri yombi ni we washinze Televiziyo ya YONGWE TV ikunze gutambutswaho amakuru atandukanye mu by’iyobokamana n’imyidagaduro.
Akunze kandi kugaragara mu biganiro binyuzwa kuri YouTube bigaruka ku myemerere ye mu by’iyobokamana no ku myitwarire y’abandi bapasiteri mu myigishirize yabo.
Abaturage bari mu bikorwa byo kubaka urukuta ku mukingo wo ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Rwamatamu ruherereye mu Murenge wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke, bagwiriwe n’umukingo, babiri bahasiga ubuzima, abandi umunani barakomereka. Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Nyamasheke, Muhayeyezu Joseph Desire yatangarije Kigali Today ko ibi byago byabaye ku wa Mbere tariki 02 Ukwakira 2023 saa 10h30 aho abo baturage barimo bubaka urukuta rw’amabuye kuri uwo mukingo nyuma […]
Post comments (0)