Inkuru Nyamukuru

Hamas igiye kurekura irindi tsinda ry’Abanya-Israheli wafasha bugwate

todayNovember 26, 2023

Background
share close

Umutwe wa Hamas watanagje urutonde rw’abandi ba nya israheli ugiye kurekura kuri iki cyumweru nk’uko byatangajwe na leta ya Israheli.

Ni umunsi wa gatatu muri ine yemeranyijweho yo guhagarika intambara. Ibiro bishinzwe guhuza ibikorwa bya gucyura abafashwe bugwate byatangaje ko inzego z’umutekano zirimo kugenzura urwo rutonde kandi imiryango yabo yamaze kumenyeshwa.

Hagati aho ministeri y’ubuzima muri Palestina yatangaje ko kuri iki cyumweru ingabo za Israheli zarashe zikica Abanyepalistina bagera kuri batandatu mu ntara ya Cisjordaniya.

Uyu mutwe ugiye kurekura aba baturage ba Israheli nyuma y’uko kuwa gatandatu wari warekuye abantu 17 barimo 13 ba Israheli n’Abanyathailande bane. Barekuwe nyuma y’amasaha make Hamas ishinje Israheli kwica amasezerano yo guhagarika intambara ariko Israheli irabihakana.

Misiri na Qatar bihuza impande zombi babashije gusubiza Hamas kuri iki kibazo bityo yemera kubarekura ku wa gatandatu nijoro.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Sierra Leone: Abaturage basabwe kuguma murugo nyuma y’igitero mu murwa mukuru

Sierra Leone Leta yatangaje umukwabo mu gihugu cyose nyuma y’uko abantu bitwaje intwaro bagabye igitero ku kigo cya gisirikare kiri mu murwa mukuru, Freetown, bashaka kwinjira mu bibiko bw’intwaro. Itangazo ryashyizwe hanze na leta ryavuze ko inzego z’umutekano zashoboye gusubiza ibintu mu buryo. Umwe mu bayobozi utashatse ko amazina ye atangazwa yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko gereza nkuru iri mu mujyi wa Freetown yari ifunguye bamwe mu bafungwa bagatoroka. […]

todayNovember 26, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%