Minisitiri w’Umutekano, Alfred Gasana yashimye uruhare rwa Polisi y’u Rwanda mu kurinda umutekano n’ibikorwa byo guteza imbere imibereho myiza y’abaturarwanda ndetse asaba ko hibandwa ku guhangana n’intandaro y’ibihungabanya umutekano.
Ibi Minisitiri Gasana yabigarutseho ku wa Kabiri tariki 12 Ukuboza, ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru hateraniye Inama Nkuru ya Polisi y’u Rwanda.
Iyi nama yahuje abayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda ku rwego rw’igihugu, abayobora amashami atandukanye ya Polisi, abayobora amashuri ya Polisi y’u Rwanda, n’abayobora Polisi y’u Rwanda ku rwego rw’Intara, Umujyi wa Kigali ndetse no ku rwego rw’uturere, yafunguwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu, Gasana Alfred.
Nk’urwego rukuru rwa Polisi y’u Rwanda, Inama Nkuru ya Polisi iganirirwamo imirongo migari yo guteza imbere imikorere muri rusange no kunoza ubunyamwuga hagamijwe kurushaho kubungabunga umutekano no gukumira ibyaha.
Minisitiri Gasana yagarutse ku ruhare rwa Polisi mu kurinda umutekano w’abantu n’ibyabo, avuga ko bibasha kugerwaho igihe hasuzumwe imbogamizi zigaragara mu kazi ka buri munsi zigashakirwa ibisubizo.
Minisitiri Gasana yashimiye Polisi y’u Rwanda ku mbaraga zishyirwa mu gucunga umutekano n’ibikorwa byo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, hibandwa ku guhangana n’intandaro y’ibihungabanya umutekano.
Yagize ati: “Abapolisi bagaragaye hirya no hino mu bikorwa by’ubutabazi bitandukanye nk’ibiza, inkongi z’umuriro, impanuka zo mu muhanda n’ibindi. Ubuyobozi bw’Igihugu cyacu buzakomeza gufasha Polisi y’u Rwanda mu buryo bwose bushoboka kugira ngo mukomeze kuzuza izo nshingano zanyu neza, ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage muri rusange.”
Yongeyeho ko hazakomeza gushakwa ubushobozi bwo gushyigikira Polisi y’u Rwanda mu bijyanye n’ibikorwaremezo birimo kubaka sitasiyo za Polisi ndetse no gushaka ibikoresho nkenerwa byifashishwa mu gucunga umutekano w’Igihugu.
Minisitiri Gasana yasabye abapolisi gukomeza kurangwa na disipuline mukazi no kwirinda icyo aricyo cyose cyabanduriza isura.
Hashingiwe ku ngengabihe y’amasomo n’igihe cy’ibiruhuko by’abanyeshuri yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyamenyesheje abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira mu rugo mu kiruhuko guhera ku wa 19 kugeza ku wa 22 Ukuboza 2023. Gahunda y’ingendo kuri abo banyeshuri ikaba iteye ku buryo bukurikira: Ku wa Kabiri, tariki ya 19/12/2023, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri biherereye mu Turere dukurikira: […]
Post comments (0)