Inkuru Nyamukuru

Russi-Ukraine: Abaturage bo mu ntara ya Belgorod batangiye guhungishwa

todayJanuary 6, 2024

Background
share close

Intara ya Belgorod y’u Burusiya ihana imbibi na Ukraine, yakuye bamwe mu baturage mu murwa mukuru wayo, ibajyana ahari umutekano nyuma y’uko ingabo za Ukraine ziharashe mu buryo bukomeye.

Ibyo byatangajwe nyuma y’umunsi umwe humvikana amasasu ijoro ryose, anakomeretsa abantu ndetse bikura umutima abaturage.

Umuyobozi w’intara ya Belgorod, Vyacheslav Gladkov mu butumwa yatanze yifashishije videwo yavuze ko abantu benshi bo muri iyo ntara ku mbuga nkoranyambaga, banditse bavuga ko bafite ubwoba ndetse banasaba kwimurirwa ahantu hatekanye.

Umujyi wa Belgorod, wari wasabye abahafite amazu, gukora ku buryo badanangira amadirishya y’inzu zabo, kugirango bayarinde kwangizwa n’amasasu.

U Burusiya bwari bwagerageje kugaragaza ko ibintu biri mu buryo mu gihugu, ariko ibitero biheruka byahitanye abantu i Belgorod, byatumye abarusiya barushaho kumenya ko ubushyamirane buri hafi yabo.

Umujyi wa Belgorod, uri mu bilometero 30 uvuye muri Ukraine kandi wakunze kwibasirwa n’icyo Moscou ivuga ko ari ibisasu biraswa bitarobanura by’ingabo za Ukraine.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yakiriye General Dagalo wo muri Sudani

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, yatangaje ko tariki ya 5 Mutarama 2024, Perezida Kagame yakiriye Gen Mohamed Hamdan Dagalo, uyobora umutwe wa RSF wo muri Sudani, uri mu ruzinduko mu bihugu biri muri aka karere ka Afurika. Perezida Kagame yakiriye General Dagalo wo muri Sudani Gen Dagalo yagaragarije Umukuru w’Igihugu uko ibibazo biteye muri Sudani, ndetse n’aho inzira zo kubishakira umuti igeze ziganisha iki gihugu ku mahoro. Perezida Kagame […]

todayJanuary 6, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%