Inkuru Nyamukuru

Zimbabwe: PAM iri gukusanya imfashanyo y’ibiribwa igenewe miliyoni 2,7 bugarijwe n’inzara

todayJanuary 6, 2024

Background
share close

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa Porogaramu PAM, ryatangaje ko mu mezi atatu ari imbere iteganya gutanga imfashanyo y’ibiribwa ku bantu miliyoni 2,7 bibasiwe n’inzara muri Zimbabwe.

Ibi byatangajwe na Christine Mendes uhagarariye PAM by’agateganyo muri iki gihe.

Ibi ni nyuma y’amapfa yatejwe na serwakira yo mu nyanja. Iki gihugu cyo mu majyepfo y’Afurika gifite ibibazo byo kwihaza mu biribwa kuva mu 2000, ubwo Robert Mugabe wari Perezida yafataga ibikingi by’abazungu akabituzamo abirabura batagiraga ubutaka.

Cyakora Zimbabwe cyo kimwe n’ibindi bihugu byo mu karere biteganya ko umusaruro w’ubuhinzi wa 2024 uzaba muke bitewe ahanini n’ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe, na serwakira yo mu nyanja mu bice byo hagati n’iby’uburasirazuba bw’inyanja ya Pasifika, aho amazi ashyuha ku buryo budasanzwe bikagira ingaruka ku bihe muri rusange.

Guverinoma ya Zimbabwe iteganya ko sanga gusa toni miliyoni imwe n’ibihumbi 100 muri uyu mwaka wa 2024 bitewe n’amapfa.

Christine Mendes, avuga ko Igihugu kirimo gukorana n’imiryango itanga imfashanyo, kugirango bazabashe kurengera miliyoni 2 n’ibihumbi 700 z’abantu bafite ibibazo by’ibiribwa.

Uyu muyobozi yavuze ko PAM yateganyije ko hazakenerwa miliyoni 39 z’amadolari yo gukoresha muri iyo gahunda y’ubutabazi muri Zimbabwe, harimo ay’ibiribwa ku mezi atandatu ari imbere. Ariko kugeza ubu, habonetse 40% gusa byayo.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Russi-Ukraine: Abaturage bo mu ntara ya Belgorod batangiye guhungishwa

Intara ya Belgorod y’u Burusiya ihana imbibi na Ukraine, yakuye bamwe mu baturage mu murwa mukuru wayo, ibajyana ahari umutekano nyuma y’uko ingabo za Ukraine ziharashe mu buryo bukomeye. Ibyo byatangajwe nyuma y'umunsi umwe humvikana amasasu ijoro ryose, anakomeretsa abantu ndetse bikura umutima abaturage. Umuyobozi w’intara ya Belgorod, Vyacheslav Gladkov mu butumwa yatanze yifashishije videwo yavuze ko abantu benshi bo muri iyo ntara ku mbuga nkoranyambaga, banditse bavuga ko bafite […]

todayJanuary 6, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%