Yakomeje avuga ko mu rwego rwo kwirinda no kurwanya ruswa; Polisi y’u Rwanda yagiye ishyiraho uburyo bw’ikoranabuhanga; aho abaturage bashaka serivisi kuri Polisi, inyinshi bazibona bakoresheje ikoranabuhanga bakazihabwa bidasabye ko hari aho bahurira n’umupolisi amaso ku maso.
Yabagaragarije ko inyinshi muri serivisi zisabwa binyuze ku rubuga “Irembo” abazikeneye bagahabwa ibyo bifuza, kandi ko no ku mihanda hashyizwe Kamera ndetse n’abapolisi bakorera mu muhanda baba bazambaye ku buryo atatinyuka kwakira ruswa.
Uwari uyoboye izi ntumwa, Medah Martha Celeste Anderson mu ijambo rye, yashimiye imikorere ya Polisi y’u Rwanda n’ingamba zafashwe mu kurwanya ruswa n’akarengane.
Yavuze ko bazi neza ko iyo igihugu cyamunzwe na ruswa, ubukungu bwacyo busubira inyuma, bityo ko ari yo mpamvu bahisemo kuza kwigira ku Rwanda, bitewe n’imbaraga zishyirwa na Polisi y’u Rwanda n’ubuyobozi bw’igihugu muri rusange mu kuyirwanya.
Uru ruzinduko izi ntumwa zo muri Burkina Faso zigirira mu Rwanda ruje rukurikira urw’Itsinda ry’intumwa zo muri iki gihugu ryari rirangajwe imbere n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi; Controller General Dr. Roger Ouedraogo nazo zasuye Polisi y’u Rwanda mu mpera z’Umwaka ushize.
Post comments (0)