Inkuru Nyamukuru

Papa Fransisiko yasabiye Haiti

todayMarch 11, 2024

Background
share close

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Fransisiko yayoboye igitambo cya Misa aho yasabiye igihugu cya Haiti cyugarijwe n’urugomo rw’amabandi yitwaje intwaro, abangamiye ku buryo bukomeye abaturage ndetse na Leta.

Ari i Vatikani mu Butaliyani, aho yasomeye igitambo cya Missa mu magambo ye bwite, Papa Fransisiko yagize ati “Nkurikirana n’impungenge zivanze n’agahinda ibibazo byugarije Haiti n’urugomo rumaze iminsi.”

Papa Fransisiko yavuze aya magambo ahagaze imbere y’imbaga y’abantu benshi bari baje muri iyo missa, abasaba gusaba Bikira Mariya ngo abanyahaiti bagire amahoro kandi urugomo rwose ruhagarare. Yavuze kandi ko abanyahaiti nabo ubwabo bagomba gutanga umusanzu wabo ngo bagire amahoro n’ubwiyunge mu gihugu bashyigikiwe n’umuryango mpuzamahanga.

Mu gihe hashize iminsi itatu, isi yizihije umunsi w’umugore, Papa Fransisiko yahuje uyu munsi n’urugomo rwo muri Haiti, avuga ko hari icyo ashaka kuvuga kandi akagaragaraza n’impuhwe ku bagore bose cyane cyane abadahabwa agaciro. Yagize ati rero: “aracyari byinshi tugomba gukora kugirango umugore yubahwe.”

Iki gihugu cya Haiti cyinjiye mu bihe bidasanzwe mu cyumweru gishize ubwo amabandi yitwaje intwaro afunguye gereza, abagororwa bagatoroka. Udutsiko tw’amabandi twayogoje abaturage, turasaba ko Ministiri w’intebe w’iki gihugu Ariel Henry yegura, akava ku butegetsi.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Mozambique: Inzego z’umutekano z’u Rwanda zizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore

Ku wa Gatanu tariki 8 Werurwe 2024, ubwo isi yose yizihizaga umunsi mpuzamahanga w’abagore (IWD), abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) baherejwe mu Ntara ya Cabo Delgado kwifatanya n’inzego z’umutekano za Mozambique kurwanya ibikorwa by’iterabwoba by’umutwe wa Ansar Al Sunna, bifatanyije n’abaturage b’icyo gihugu mu birori byo kwishimira iterambere ry’umugore.  Ibirori byo kwizihiza uyu munsi byabereye mu gace ka Mocimboa da Praia, byitabiriwe n’Umuyobozi w’akarere, Sergio Cypriano, abapolisi, ingabo […]

todayMarch 11, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%