Inkuru Nyamukuru

Abafite indangamuntu bagiye kuzikoresha bivuza mu mwanya w’ikarita ya RAMA

todayJanuary 29, 2020 40

Background
share close

Ikigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyatangaje ko kuva ku itariki ya 01 Gashyantare 2020, abanyamuryango b’ishami ryacyo rya RAMA, bazemererwa gukoresha n’indangamuntu bivuza, nk’uko basanzwe bakoresha amakarita.

RSSB ivuga ko kugira ngo bishoboke yahuje umwirondoro w’abanyamuryango bayo n’amakuru y’ikigo cy’igihugucy’indangamuntu (NIDA).

Gusa ngo bitewe n’uko hari abo amakuru atabashije guhuzwa, buri munyamuryango asabwa kujya yitwaza indangamuntu ye n’ikarita asanzwe yivurizaho cyangwa ikiyisimbura kugira ngo ku bo amakuru atarahuzwa bikorwe n’abakozi ba RSSB ku mavuriro.

Ibyo ngo bizatuma mu gihe gitaha umunyamuryango abasha gukoresha indangamuntu gusa mu gihe agiye kwivuza.

Kuva tariki yambere Nyakanga 2020 indangamuntu ngo izasimbura ikarita yarangaga abanyamuryango ba RAMA bagejeje imyaka 16 yo gutunga indangamuntu.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

PSF yatangije inzira nshya mu ishoramari n’Intara y’Uburengerazuba

Ubuyobozi bw’intara y’uburengerazuba bwagiranye ibiganiro n’abikorera babarirwa muri 300 bo mu ntara, bubagaragariza amahirwe ahari yo gushoramo imari, aho gukomeza kuba isoko ry’amahanga. Ubuyobozi bw’intara buremeza ko abashoramari babishyizemo imbaraga, bashobora kugera ku rwego rwo kwihaza ku bicuruzwa no guhaza isoko ry’imbere mu gihugu no hanze yacyo. Ni mu nama yahuje urugaga rwabikorera mu Rwanda, ubuyobozi bw’intara y’uburengerazuba n’abikorera bo muri iyi ntara yemeza ko ifite amahirwe menshi mu ishoramari […]

todayJanuary 29, 2020 33

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%