Inkuru Nyamukuru

Hatangiye gahunda nshya yo gusuzuma #COVID19 mu mugi wa Kigali

todayJuly 2, 2020 22

Background
share close

Nyuma yo  kuzenguruka mu karere ka Rusizi ko mu Burengerazuba, abashinzwe gupima icyorezo cya Covid-19  bagarutse i Kigali, aho basaba bamwe mu bagenda n’abatuye mu mujyi wa Kigali iminota itarenga itanu yo kubanza kubapima ngo bamenye uko bahagaze.

Iyi gahunda yatangiriye kuri Sitade Amahoro mu gitondo cyo kuri uyu wakane tariki 02 Nyakanga 2020, irakomereza i Nyamirambo mu Biryogo (hafi ya Camp Kigali) ndetse na Kicukiro hafi ya IPRC Kigali ku mugoroba w’uyu munsi.

Ikigo RBC kivuga ko iyi  gahunda izakomereza mu rwinjiriro rw’Umujyi wa Kigali nka Gahanga ujya mu Bugesera, i Rugende ugana i Rwamagana, ku Giticyinyoni ndetse na Gatsata , kuva tariki 06-07 Nyakanga 2020.

Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr Sabin Nsanzimana avuga ko iyi ari gahunda izajya iba buri byumweru bibiri hagamijwe kumenya ishusho rusange y’icyorezo Covid-19 mu Baturarwanda batuye Kigali, abayigendamo baba binjira cyangwa basohokamo.

Umva inkuru irambuye hano:

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Nyaruguru: Ntibatewe ubwoba n’ababateye bavuze ko bazagaruka

Abatuye mu Mudugudu w’Uwimbogo ho mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, baravuga ko nyuma y’ibitero by’abaturutse i Burundi mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki 26 Kamena 2020 rishyira uwa gatandatu tariki 27 Kamena, nta bwoba bafite bw’ababateye n’ubwo ngo hari abo bandikiye bababwira ko bazagaruka. Impamvu yo kutagira ubwoba ni uko bizeye ingabo z’u Rwanda zabarinze ntihagire n’umwe uhitanwa n’abateye aho batuye, kandi ngo na bo biyemeje kuzifasha. […]

todayJuly 1, 2020 53

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%