Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba arasaba abaturage kumenya ko ibikorwa remezo bifitiye akamaro buri wese bityo bagomba no kugira uruhare mu kubirinda.
Abitangaje nyuma y’uko kuri uyu wa 20 Nyakanga 2020, abagabo 3 bagejejwe mu maboko ya RIB sitasiyo ya Musheri bakekwaho kwiba sima zubakishwa amashuri mu murenge wa Musheri.
Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba CIP Hamdoun Twizeyimana avuga ko abafashwe ari Nigaba Jean Bosco w’imyaka 35 na Nkusi Frank w’imyaka 33, aba bombi bakaba bakekwaho kwitwikira ijoro bakajya kwiba sima bakazigurisha ku mucuruzi witwa Mitari Eugene w’imyaka 45.
Post comments (0)