Inkuru Nyamukuru

Nigeria: Ba guverineri 9 bamaze kwandura Coronavirus

todayJuly 22, 2020 26

Background
share close

Abaguverineri 9 bamaze kwandura icyorezo cya Covid19, gikomeje kwiyongera cyane hirya no hino ku isi kubera gahunda ya guma mu rugo irikugenda ikurwaho ku bantu bamwe na bamwe bitewe n’ibikorwa bakora.

Ibi biravugwa mu gihe guverineri w’amajyepho ashyira uburasirazuba bwa Nigeriya muri Leta ya Ekiti yatangaje ko bamupimye bakamusangamo Covid19.

Abinyujije muri tweet ye Guverineri Kayode Fayemi yatangaje ko ibijyanye n’ubuyobozi yabihariye umwungirije kugira ngo amubere aho atabasha gukora cyakora ko hari ibindi bikorwa nawe ashobora gukora.

Yanatangaje ko yamaze kwishyira mu kato iwe mu rugo mu gihe arikuvurwa.

Ibitangazamakuru byo muri Nigeriya biravuga ko abaye guverineri wa 8 basanzemo icyorezo cya covid19.

Ibi kandi biratangazwa mu gihe Nigeriya imaze kugira abarwayi banduye ibihumbi 37,801 naho 805 nibo bamaze gupfa bazize iki cyorezo.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

USA: Amerika yafunze imwe mu biro bya ambassade y’Ubushinwa mu mugi wa Houston

Leta Zunze Ubumwe z'Amerika zasabye Ubushinwa gufunga ibiro by’ambasade byabyo mu mujyi wa Houston muri leta ya Texas bitarenze ku wa gatanu w'iki cyumweru. Iki cyemezo kikaba cyafashwe n’Ubushinwa nk’ubushotoranyi bukomeye bwa politike. BBC iravuga ko ibiro by'ububanyi n'amahanga by'Amerika byavuze ko icyo cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kurinda umutungo bwite wo mu by'ubwenge w'Amerika. Ariko Wang Wenbin, umuvugizi wa minisiteri y'ububanyi n'amahanga y'Ubushinwa, yavuze ko icyo cyemezo giteje uburakari […]

todayJuly 22, 2020 41

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%