Igiciro cy’urugendo kuri buri muntu kiziyongeraho 1/3 mu byumweru biri imbere
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), itangaza ko mu byumweru biri imbere Leta izavanaho nkunganire ya 1/3, yatangaga ku itike y’urugendo ya buri muntu ujya mu Ntara cyangwa mu Mujyi wa Kigali, kuko ngo hari ibindi bikorwa by’iterambere birimo kudindira. Igiciro cy’urugendo kuri buri muntu kwiyongeraho 1/3 Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, avuga ko izo ngamba zari zashyizweho mu bihe bya Covid-19 mu kwezi k’Ukwakira kwa 2020, kuko Leta yifuzaga kugabanya […]