Inkuru Nyamukuru

6392 Results / Page 75 of 711

Background

Inkuru Nyamukuru

Igiciro cy’urugendo kuri buri muntu kiziyongeraho 1/3 mu byumweru biri imbere

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), itangaza ko mu byumweru biri imbere Leta izavanaho nkunganire ya 1/3, yatangaga ku itike y’urugendo ya buri muntu ujya mu Ntara cyangwa mu Mujyi wa Kigali, kuko ngo hari ibindi bikorwa by’iterambere birimo kudindira. Igiciro cy’urugendo kuri buri muntu kwiyongeraho 1/3 Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, avuga ko izo ngamba zari zashyizweho mu bihe bya Covid-19 mu kwezi k’Ukwakira kwa 2020, kuko Leta yifuzaga kugabanya […]

todayFebruary 13, 2024

Inkuru Nyamukuru

Gatsibo: Imvura ivanze n’umuyaga yasambuye ishuri

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 09 Gashyantare 2024 rishyira ku wa Gatandatu tariki ya 10 Gashyantare 2024, imvura ivanze n’umuyaga yasenye ibyumba bibiri by’ishuri rya Ngarama TSS harimo n’aho abakobwa bararaga. Umuyobozi w’iri shuri, Pascal Karangwa, avuga ko impamvu y’isenyuka ry’ibi byumba ari umuyaga mwinshi, atari ikibazo cyo gusaza ku ibyumba. Ibyumba byasenyutse ni ishuri ryigirwagamo ndetse n’aho abakobwa barara (Dortoir). Avuga ko n’ubwo byagenze gutyo bitari […]

todayFebruary 10, 2024

Inkuru Nyamukuru

Polisi yafashe telefone 194 na mudasobwa 24 byaguzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Mu rwego rwo guca ubujura bwa telefone na mudasobwa, Polisi yatangiye ibikorwa byo gusaka mu mujyi wa Kigali, ifata telefone zigendanwa 194 na mudasobwa ngendanwa 15 n’iza Desktop 9 zagurishijwe mu buryo abaziguze batabasha gusobanura inkomoko yazo. Bimwe mu byibwe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, yatangarije Kigali Today ko igikorwa cyo gusaka abagura ibi bikoresho rwihishwa cyakozwe tariki 8 Gashyantare 2024, hafatwa abagera kuri 21 bacuruza ibikoresho bya […]

todayFebruary 10, 2024

Inkuru Nyamukuru

Abapolisi b’u Rwanda bahawe igihembo cy’indashyikirwa mu butumwa bw’amahoro

Ubuyobozi bw’Umuryango w’abibumbye mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), bwahembye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda rishinzwe kurinda abayobozi bakuru (RWAPSU1-8) nk’indashyikirwa mu bunyamwuga na gahunda y’ibikorwa byo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage. Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique, Amb.Valentine Rugwabiza ku wa Gatatu tariki 07 Gashyantare, nibwo yashyikirije igihembo umuyobozi w’Itsinda RWAPSU1-8, Senior Superintendent of Police (SSP) Gilbert Safari. Ni umuhango witabiriwe kandi […]

todayFebruary 10, 2024

Inkuru Nyamukuru

Gen (Rtd) James Kabarebe yakiriye ba Ambasaderi b’ibihugu bya Mali na Brazil

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFET), Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye ba Ambasaderi b’ibihugu bya Mali na Brazil baganira ku kurushaho gushimangira ubufatanye n’umubano w’ibihugu byombi. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Gashyantare 2024, nibwo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, kuri X yatangaje ko Gen (Rtd) James Kabarebe yahuye n’aba bayobozi bombi. Gen (Rtd) Kabarebe ubwo yakiraga Bwana Dianguina dit […]

todayFebruary 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda batanze inkunga y’ibikoresho by’ishuri

Itsinda ry'abapolisi b'u Rwanda (RWAFPU I-8) bari mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye mu gihugu cya Sudani y'Epfo (UNMISS), batanze inkunga y'ibikoresho by’ishuri mu bigo by’amashuri bibiri byo mu Mujyi wa Malakal. Ni igikorwa cyabaye ku wa Kane tariki ya 8 Gashyantare, kirangwa no gushyikiriza abayobozi b’ibigo bibiri by’amashuri abanza; Intersos n'icya Salama II, ibikoresho bigenewe abanyeshuri, bigizwe n’amakayi 3,000 n’amakaramu bazifashisha mu masomo. Iki gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo; Yohenes Kimo, […]

todayFebruary 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yagaragaje ko amavugurura ya AU atanga icyizere

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko itsinda ayoboye rishinzwe amavugurura ya Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ryakoze akazi gahambaye nubwo batangiranye n’imbogamizi, zirimo no kuba uyu muryango nta n’urwara rwo kwishima wwari usigaranye. Perezida Kagame yagaragaje ko amavugurura ya AU atanga icyizere Perezida Kagame yabigarutseho ku wa Kane tariki ya 8 Gashyantare 2024, ubwo yagiranaga ibiganiro byihariye n’abagize itsinda ayobora, rigamije gukora amavugurura mu Muryango […]

todayFebruary 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Perezida wa Pologne yasuye Ingoro ya Bikira Mariya i Kibeho (Amafoto)

Nk’uko byari biteganyijwe kuri gahunda y’uruzinduko rwa Perezida wa Pologne mu Rwanda, Andrzej Sebastian Duda, ku wa 8 Gashyantare 2024 yasuye Ingoro ya Bikira Mariya y’i Kibeho, agera no mu ishuri ry’abatabona ryashinzwe kandi rifashwa n’ababikira bo mu gihugu cye. Perezida wa Pologne na madamu we mu Ngoro ya Bikira Mariya i Kibeho Ku Ngoro ya Bikira Mariya, we n’umugore we bari kumwe bafashe akanya ko gusengera muri chapelle ya […]

todayFebruary 9, 2024

Inkuru Nyamukuru

Urukiko rwanzuye ko umukozi w’Intara y’Amajyepfo ukekwaho gutanga ruswa afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye rwanzuye ko umukozi w’Intara y’Amajyepfo ushinzwe imiyoborere myiza, Kabera Vedaste, afungwa iminsi 30 y’agateganyo, kugira ngo dosiye ye ikomeze gukorwaho iperereza, ku cyaha akurikiranyweho cyo guha ruswa umugenzacyaha. Kabera Vedaste Ni umwanzuro ufashwe nyuma y’uko ku wa Gatanu tariki ya 02 Gashyantare 2024, ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, ngo hakomeze gukorwa iperereza kuri icyo cyaha akekwaho. Urukiko rwavuze ko hari impamvu zikomeye zituma Kabera […]

todayFebruary 9, 2024

0%