Day: December 6, 2019

4 Results / Page 1 of 1

Background

Inkuru Nyamukuru

Perezida Kagame yasabye inzego z’Ubutabera kurwanya ruswa ivugwa mu bucamanza

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arasaba inzego z’ubutabera kwirinda ruswa kugira ngo batange urugero rwiza ku Banyarwanda bose. Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje amaze kwakira indahiro z’Abayobozi bashya b’Inzego z’Ubutabera mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki 06 Ukuboza 2019. Abarahiriye gutangira imirimo ni Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Faustin Nteziryayo hamwe na Visi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Mukamulisa Marie-Thèrese. Abandi barahiriye imbere ya Perezida wa Repubulika ni Umushinjacyaha Mukuru Havugiyaremye Aimable hamwe […]

todayDecember 6, 2019 80

Inkuru Nyamukuru

Nyaruguru: Basigaye bagirwa n’amarerero abahera abana amata.docx

Mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, hari ababyeyi bavuga ko nyuma yo kuzamuka kw’ibiciro by’ibiribwa ku isoko by’umwihariko ibishyimbo, bari batangiye kwiheba bibaza uko abana babo bazakura. Izi mpungenge ariko ntabwo zikibakanga cyane kubera ko hari amarerero abahera abana amata, bityo bakaba bizeye ko nta kibazo cy’imirire mibi bazagira. Muri rusange mu Karere ka Nyaruguru hari amarerero 865. Uretse imidugudu ifite ayubatswe ku rwego rw’akagari, imidugudu yindi igiye […]

todayDecember 6, 2019 16

Inkuru Nyamukuru

Guca inyuma umugore uri ku kiriri ntibihindura imiterere y’umwana

Umuyobozi w’ibitaro bya Nyagatare Doctor Munyemana Ernest avuga ko guca inyuma umugore akiri ku kiriri akabimenya ntacyo bihindura ku miterere y’umwana nk’uko bamwe babitekereza. Ikibazo ahubwo gishobora kubaho umwana akagira ubumuga mu mezi 3 ya mbere akiri mu nda ya nyina. Doctor Munyemana asobanuye ibi mu gihe hari abana bavukana ubumuga ababyeyi babo bagashinja abo bashakanye ko babaciye inyuma batarava ku kiriri bigatuma umwana adahaguruka. Umva inkuru irambuye hano:

todayDecember 6, 2019 214

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwarangije kubaka imiyoboro na sitasiyo y’amashanyarazi azacuruzwa mu karere ruherereyemo

Minisiteri y’Ibikorwa remezo(MININFRA) ibinyujije mu kigo gishinzwe Ingufu(REG), yagaragaje ibikorwa remezo byubatswe guhera muri Werurwe 2019, bizanyuzwamo amashanyarazi aturuka cyangwa yoherezwa hose mu gihugu no hanze yacyo. Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Amb Claver Gatete yatashye sitasiyo nini kurusha izindi, kugeza ubu irimo kwakira no gukwirakwiza hirya no hino mu gihugu amashanyarazi aturuka kuri gazi metane iri mu kiyaga cya Kivu mu karere ka Karongi. Iyi sitasiyo yubatswe i Nduba mu karere […]

todayDecember 6, 2019 32

0%