Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, arasaba inzego z’ubutabera kwirinda ruswa kugira ngo batange urugero rwiza ku Banyarwanda bose.
Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje amaze kwakira indahiro z’Abayobozi bashya b’Inzego z’Ubutabera mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki 06 Ukuboza 2019.
Abarahiriye gutangira imirimo ni Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr Faustin Nteziryayo hamwe na Visi Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Mukamulisa Marie-Thèrese.
Abandi barahiriye imbere ya Perezida wa Repubulika ni Umushinjacyaha Mukuru Havugiyaremye Aimable hamwe n’Umushinjacyaha Mukuru wungirije, Habyarimana Angelique, ndetse na Visi Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi, Nkurunziza Valens.
Mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, hari ababyeyi bavuga ko nyuma yo kuzamuka kw’ibiciro by’ibiribwa ku isoko by’umwihariko ibishyimbo, bari batangiye kwiheba bibaza uko abana babo bazakura. Izi mpungenge ariko ntabwo zikibakanga cyane kubera ko hari amarerero abahera abana amata, bityo bakaba bizeye ko nta kibazo cy’imirire mibi bazagira. Muri rusange mu Karere ka Nyaruguru hari amarerero 865. Uretse imidugudu ifite ayubatswe ku rwego rw’akagari, imidugudu yindi igiye […]
Post comments (0)