Inkuru Nyamukuru

1300 bahombejwe n’indwara ya Coronavirus bagiye guhabwa igishoro

todayOctober 10, 2020 52

Background
share close

Abacuruzi batoya 1300 bahombejwe na Gumamurugo kubera indwara ya Coronavirus, bagiye guhabwa igishoro giciriritse ngo bongere bakore.

Aba bacuruzi ni abo mu mirenge imwe n’imwe yo mu Turere twa Nyamagabe, Nyaruguru na Nyamasheke. 

1300 bagiye kuremerwa ni abacuruzi bari basanzwe bacuruza amafaranga atari menshi, byatumye hatekerezwa ko ibihumbi 50 byabafasha kongera gutangira, banahabwa inyigisho bakazabasha kugera kure kuruta uko bari basanzwe.

Iyi nkunga bazayihabwa n’ihuriro IPC (Initiative pour la Participation Citoyenne) ryibumbiyemo imiryango itanu itari iya Leta isanzwe ikorera muri turiya turere dutatu.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe,  Bonaventure Uwamahoro, avuga ko abakeneye gufashwa kugira ngo bongere kugira umurimo bakora ubinjiriza amafaranga ari benshi, ariko ko n’abazafashwa atari bakeya kuko ngo ubufasha butajya buba bukeya cyane cyane iyo hari ababukeneye.

Mu 1300 bazafashwa, 519 ni abo mu Karere ka Nyamagabe, 380 bakaba abo mu Karere ka Nyaruguru, naho 401 bakaba abo mu Karere ka Nyamasheke.

Umva inkuru irambuye hano:

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Inka ntigenerwa amazi, irayegerezwa aho ibishakiye igasomaho

Impuguke mu by’ubworozi bw’amatungo zivuga ko inka zidakwiye kugenerwa amazi nk’uko aborozi benshi babigenza, ahubwo ko zikwiye kuyegerezwa, aho ziyashakiye zigasomaho. Abavuga ibi banavuga ko inka itanga umusaruro mwiza iyo hitawe no ku byo irya, ndetse n’igihe ibirira. Joseph Nshokeyinka ushinzwe gahunda yo kugaburira amatungo no kuvugurura icyororo muri RDDP, avuga ko igihe inka ihawe ibyatsi byiza, birimo intungamubiri zihagije, yagombye kurya ibipima 3,5% by’ibiro ifite, igahabwa ibipima 4% by’ibiro […]

todayOctober 10, 2020 54

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%