Ni umwiherero wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Ubumwe bwacu nizo mbaraga zacu, duharanire gushyashyanira umuturage”, wafatiwemo imyanzuro 14, irimo kurushaho gutanga serivisi nziza ku baturage, gukemura bimwe mu bibazo bikibangamiye iterambere ryabo n’indi.
Asobanura iyi nsanganyamatsiko, Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yavuze ko iri jambo gushyashyanira umuturage atari rishya ariko barihisemo bagamije ko ibyo bakora byose, bikwiye kuba bishyira umuturage ku isonga kandi bimuteza imbere.
Yagize ati “Ibyo dukora byose dushyire umuturage ku isonga kandi bigamije kumuteza imbere. Ibyo twakora byose nk’Ubuyobozi bitavana umuturage aho ari heza tumujyana aheza cyane, ntacyo byaba bimaze. Gushyashyana rero ni ukuvuga ko ndajwe ishinga no kuba ibyo nkora bigira impinduka ku muturage kandi bikankora ku mutima.”
Yasabye abaturage kumva ko n’ubwo ari abagenerwabikorwa, ariko nanone ari abafatanyabikorwa bityo bagomba kugira uruhare mu bibakorerwa.
Umujyanama mu Nama Njyanama y’Akarere ka Gatsibo, Rugwizangoga Elysé, avuga ko umwiherero waziye igihe kuko bamwe mu bajyanama ari bashya muri izo nshingano.
Ku wa mbere tariki 15/08/2022 ni bwo Rayon Sports izakora umuhango wo kwerekana abakinnyi bashya ku munsi witwa Rayon Sports Day, aho igomba no kuzakina umukino wa gicuti. VIPERS izahura na Rayon Sports Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza muri uwo mukino wa gicuti izakina n’ikipe ya VIPERS yo muri Uganda, ikipe iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona ya Uganda. Iyi kipe ya VIPERS iheruka no kwiyambazwa n’ikipe ya Yanga yo […]
Post comments (0)