Abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda rya (RWAFPU I-8) bagarutse mu Rwanda nyuma yo gusoza ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique (MINUSCA) nyuma yo gusimbirwa n’ itsinda (RWAFPU I-9) ryahagurutse i Kigali mu gitondo cyo ku wa Kane tariki 27 Mata ryerekeza mu Murwa mukuru Bangui.
Iri tsinda ryageze ku kibuga cy’indege cya Kigali, ahagana ku isaha ya saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba riyobowe n’Umuyobozi waryo, Chief Superintendent of Police (CSP) Callixte Kalisa.
Umuhango wo guherekeza abagiye no kwakira abagarutse wayobowe na Commissioner of Police (CP) Costa Habyara, wifurije abagiye urugendo rwiza no kuzasohoza neza inshingano zabo mu butumwa bagiyemo.
Mu butumwa yageneye abapolisi basoje ubutumwa, CP Habyara yabashimiye kuba baritwaye neza bagasohoza inshingano zabo neza mu butumwa bw’amahoro kandi bakagaragaza indangagaciro z’u Rwanda.
Yagize ati: “Tubahaye ikaze mu izina ry’Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda. Ubuyobozi burabashimira imyitwarire myiza mwagaragaje mu kazi mumazemo umwaka, kandi mukaba mwarakomeje gusigasira umuco n’indangagaciro z’u Rwanda no guhesha ishema igihugu.”
Yakomeje avuga ko ababasimbuye bagiye kuziba icyuho cyabo kandi ko bagomba gukomerezaho kurangwa n’umuhate, disipulini n’ubunyamwuga mu kazi bagiyemo busa ikivi cy’abo basimbuye.
Umuyobozi waje ayoboye itsinda RWAFPU I-8, Chief Superintendent of Police (CSP) Callixte Kalisa yavuze ko mu gihe cy’umwaka bamaze mu butumwa bw’amahoro bahagarariye igihugu, bakoze ibikorwa bitandukanye Kandi ko ku bufatanye na MINUSCA n’izindi nzego ndetse n’abaturage, babashije kubyitwaramo neza.
Post comments (0)