Inkuru Nyamukuru

General Jean Bosco Kazura yahererekanyije ububasha na Lt General Mubarakh Muganga

todayJune 6, 2023

Background
share close

Lt Gen Mubarakh Muganga yatangiye inshingano ze nshya nk’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, asimbuye Gen Jean Bosco Kazura wari umaze imyaka itatu, amezi atandatu n’umunsi umwe kuri uwo mwanya.

Umuhango w’ihererekanyabubasha wabereye ku Cyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, aho usibye kuba Gen Kazura yahererekanyije ububasha na Lt Gen Mubarakh Muganga, na we yasigiye ububasha Maj Gen Vincent Nyakarundi wamusimbuye ku mwanya w’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka.

Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri kandi yazamuye mu ntera Col Godfrey Gasana usanzwe ari Umugaba wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere, amuha ipeti rya Brigadier General.

Brigadier General, Godfrey Gasana

Izi mpinduka zatangajwe na Minisiteri y’Ingabo, zikaba zije zikurikira izaraye zikozwe mu nzego z’umutekano aho Juvenal Marizamunda yagizwe Minisitiri mushya.

Marizamunda Juvenal yasimbuye kuri uwo mwanya Major General Albert Murasira. Marizamunda akaba yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS).

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Minisitiri Ngabitsinze ayoboye Inama y’Abaminisitiri b’Umuryango wa Commonwealth

Kuva tariki ya 05 n'iya 06 Kamena 2023, i Londres mu Bwongereza hari kubera Inama y'Abaminisitiri bagize Umuryango w'Ibihugu bikoresha Ururimi rw'Icyongereza wa Commonwealth. Ni inama yitabiriwe na Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda w' u Rwanda, Dr Jean-Chrysostome Ngabitsinze akaba ari nawe uyiyoboye. Iyi nama iriga ku ngingo zitandukanye zibanda ku bucuruzi n'ishoramari hagati y'ibihugu binyamuryango, guteza imbere ikoranabuhanga ndetse n'ubukungu butangiza ibidukikije. Abaminisitiri kandi bari burebere hamwe intambwe imaze guterwa mu […]

todayJune 6, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%