Inkuru Nyamukuru

Kagame yongeye gusaba Abanyarwanda kuryama bagasinzira

todayJuly 9, 2024

Background
share close

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda kuryama bagasinzira kuko abakangisha gutera u Rwanda batabigeraho uretse kuba Ingabo z’Igihugu ziri maso n’Abanyarwanda muri rusange biteguye guhangana n’icyashaka guhungabanya umutekano wabo.

Yabitangaje kuri uyu wa kabiri tariki ya 09 Nyakanga 2024, ubwo yagiranaga ikiganiro n’abakoresha imbuga nkoranyambaga nyuma yo gusura indacye yabagamo umuyobozi w’Ingabo za RPA mugihe cyo kubohora u Rwanda iri ku Mulindi.

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yamubajije igisobanuro cy’ijambo yasubije abanyamakuru ko bakwiye kuryama bagasinzira nyamara hari Ibihugu byigamba gutera u Rwanda.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasubije ko icyo yashakaga kuvuga kwari uguhumuriza Abanyarwanda ko umutekano wabo urinzwe ndetse no kubasaba kudaha agaciro ibyo abavuga ko bazatera u Rwanda.

Yagize ati “Ubutumwa muryame musinzire kwari uguhumuriza abantu ariko nanone Intare mwari mwayibona, muzayirebe uhora usanga isa n’isinziriye ariko burya ntisinziriye niyo ukandagiye irabyuka ariko ikindi gihe iba isinziriye.”

Yavuze ko abantu bakwiye kuryama bagasinzira ariko hagira igikoma bagakanguka.

Yavuze ko abirirwa basakuza bavuga ko batera u Rwanda badashobora kubikora kuko bazi ko bahura n’akaga ahubwo baba bashaka kurangaza abantu gusa.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Hateganyijwe kugwa imvura n’ubwo ari mu mpeshyi

Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe Meteo Rwanda cyatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Nyakanga 2024 hateganyijwe imvura mu turere tw’iNtara y’Iburengerazuba ndetse n’Amajyaruguru no mutundi turere dutandukanye tw’igihugu. Mu butumwa Meteo Rwanda yanyujije ku rukuta rwayo rwa X yavuze ko imvura iteganyijwe mu turere tugize intara y’Uburengerazuba, akarere ka Musanze, Burera, Gicumbi, Kirehe, Ngoma, Kayonza, Nyamagabe ,Nyaruguru na Huye ahandi hose hasigaye nta mvura ihateganyijwe. Meteo yatangaje iri tegenyagihe nyuma […]

todayJuly 9, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%