Ibi byaha byabaye mu ijoro ryo ku wa 19 Mutarama 2023, mu Mudugudu wa Nyamirambo, Akagari ka Ngoma, Umurenge wa Cyanika, Akarere ka Nyamagabe, abagabo batanu bafatanyije bateye urugo rwa nyakwigendera BIZIMANA Izaie.
Umugore we ubwo yari aje kureba icyo umugabo we abaye maze mu gihe ageze hanze asanga umugabo we bamutemaguye bikomeye, ashatse gusubira mu nzu nawe bahita bamwadukira bamutemagura mu mugongo no mu bitugu.
Ubushinjacyaha bukomeza buvuga ko aribwo abantu batabaye maze basanga Biziman Izaie ari hasi yangiritse bikomeye ariko agihumeka gake, avuga ko yamenye babiri mu bamutemye. abaturage bahise bahamagara ubuyobozi maze bajya gufata abaregwa.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ryafatiye mu karere ka Kamonyi ibiyobyabwenge by’urumogi rungana n’udupfunyika 2,400, aho rumwe rwafatanywe umugore w’imyaka 26 urundi rufatirwa mu rugo rw’umucuruzi yari avuye kururanguraho. Uwafashwe ni uwitwa Mukeshimana Géraldine, wafatiwe mu mudugudu wa Nyabitare, akagari ka Ruyenzi mu murenge wa Runda, ku wa Kabiri tariki ya 31 Mutarama, afite udupfunyika tw’urumogi 200 yari avuye kurangura kwa Nizeyimana Rukabu Patient w’imyaka 45 wahise […]
Post comments (0)