Israheli yemeje ko abantu 1200 baguye mu bitero bya Hamas
Umuvugizi wa ministeri y’ububanyi n’amahanga wa Israheli yatangaje ko abaguye mu gitero cy'umutwe wa Hamas cyo ku ya 7 Ukwakira ari 1,200 aho kuba 1,400 nk’uko byari byatangajwe mbere. Lior Haiat, mu byo yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abafransa, AFP, nta bindi yarengejeho., gusa yavuze ko muri uwo mubare urimo n’abanyamahanga basanzwe bakorera muri Israheli n’abandi. Itangazo ryasohowe na ministeri y’ububanyi n’amahanga ryo rigaragaza ko uwo mubare atari ntakuka kuko ushobora guhinduka […]