Burakeye

Santrafurika: U Rwanda rwasimbuje Abapolisi mu butumwa bw’amahoro

todayNovember 11, 2023

Background
share close

Ku wa Gatanu tariki ya 10 Ugushyingo, Polisi y’u Rwanda yasimbuje abapolisi bagize itsinda RWAFPU-III mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA). 

Ni itsinda rigizwe n’abapolisi 180 ryaje riyobowe na Senior Superintendent of Police (SSP) Desire Kanyamagare, bakaba bari bamaze igihe kingana n’umwaka bakorera ahitwa Bangassou mu bilometero bisaga 725 uturutse mu Murwa mukuru Bangui.

Bakigera ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe ku mugoroba, bakiriwe na Commissioner of Police (CP) William Kayitare, abaha ikaze ndetse anabashimira umurava, ishyaka n’ubunyamwuga byabaranze mu kazi bari bashinzwe umunsi ku munsi.

Ni nyuma yo kwifuriza imirimo myiza bagenzi babo babasimbuye, bahagurutse i Kigali mu masaha ya mu gitondo kuri uyu wa Gatanu.

SSP Kanyamagare yagaragaje amahugurwa, impanuro z’ubuyobozi, disipulini no kwigira ku bababanjirije nka bimwe mu by’ingenzi byabafashije gusohoza neza inshingano zabo.

Yagize ati “Mbere y’uko tujya mu butumwa twabanje guhabwa amahugurwa, ndetse tuza guhabwa n’impanuro n’ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda, hamwe no kwigira ku batubanjirije byadufashije kwitwara neza mu kazi dushyira imbere disipulini no gukora kinyamwuga.

Yavuze ko uretse akazi ko gucunga umutekano w’abaturage nk’inshingano nyamukuru bagiye banakora ibikorwa bitandukanye byo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage birimo umuganda, gutera ibiti mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije, ibikorwa by’ubuvuzi, ndetse n’ibindi bitandukanye.

U Rwanda rufite amatsinda ane y’abapolisi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique. Andi matsinda atatu ni RWAFPU I na RWAPSU, akorera mu murwa mukuru Bangui, mu gihe itsinda RWAFPU II rikorera ahitwa Kaga-Bandoro mu bilometero bisaga 300 uturutse Bangui.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Baganiriye ku bufatanye bw’Ingabo z’u Rwanda na Burkina Faso

Umugaba mukuru w’ingabo za Burkina Faso, Brig Gen Célestin SIMPORE n’intumwa ayoboye, yakiriwe na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga. Brig Gen Célestin SIMPORE, mu cyubahiro gihabwa abayobozi bakuru mu ngabo, ku cyicaro gikuru cya RDF, yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Lt General Mubarakh Muganga. Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko mu biganiro byahuje aba bayobozi, byagarutse ku gushimangira ubufatanye […]

todayNovember 11, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%