Bahawe inka biyemeza gukora ikimina cyo kuzivuza
Mu mpera z’icyumweru gishize, abarokotse Jenoside 10 bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, baremewe inka n’abakozi b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare, CHUB, bahita biyemeza kuzakora ikimina cyo kuzivuza. Bavuga ko impamvu biyemeje gukora icyo kimina, ari ukugira ngo izo nka zitazabapfana, kandi hari uburyo bwo kwegeranya amafaranga bukebukeya bwababashisha kuzivuza. Aba bahawe inka kandi bashimiye abakozi ba CHUB kubaremera, kuko kuri bo ngo ari ukubasanasana ubugira kabiri, […]
Post comments (0)