Inkuru Nyamukuru

Ubusuwisi bwatanze inkunga yo guhangana na Covid 19 mu bihugu byo mu biyaga bigari.

todayMay 5, 2020 93

Background
share close

Umuryango w’ubufatanye w’abasuwisi (Swiss Cooperation) watanze inkunga ya miliyoni 6 n’ibihumbi 200 by’amadolari yo kwifashisha mu rugamba rwo guhangana na Covid-19 mu bihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari.

Uyu muryango uvuga ko iyi nkunga ya miliyari zisaga eshanu n’igice mu mafaranga y’u Rwanda, izanyuzwa mu mashami y’umuryango w’abibumbye, ikazongerwa muri gahunda zisanzwe muri ibyo bihugu zo guhangana na Covid-19. Iyi nkunga kandi izagera no ku miryango itegamiye kuri leta iri mu bikorwa byo guhangana na kino cyorezo mu baturage, aho izakoreshwa mu kubungabunga ibikorwa by’ubuzima by’ibanze.

Swiss cooperation ivuga ko inkunga yayo izibanda ku byiciro by’abaturage batishoboye, barimo kugirwaho ingaruka na gahunda zigamije guhangana na Covid-19, hakazibandwa ku kugenzura ikwirakwira ry’icyorezo ndetse n’itangwa ry’amakuru, bigizwemo uruhare n’umuturage. Ibi byose bikazakorwa ku bufatanye bwa guverinema z’ibihugu n’abandi bafatanyabikorwa.

Ubusuwisi bukaba bumaze gutanga amafaranga agera kuri miliyari 97 z’amafaranga y’u Rwanda mu rugamba rwo guhangana na Covid-19.

Mu mpera z’ukwezi gushize, abayobozi b’icyo gihugu bakaba baremeje ko Ubusuwisi buzatanga amafaranga y’amasuwisi agera kuri miliyari 384 mu bikorwa bigamije koroshya ingaruka za Covid-19, cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Musanze: Hari abambara udupfukamunwa mu ijosi

Mu gihe kuri uyu wa mbere abaturage mu bice bitandukanye by’igihugu bongeye kwemererwa gusubira mu buzima bwabo bwa buri mu minsi ariko bakurikiza amabwiriza yo kwirinda covid-19, mu karere ka Musanze hagaragaye abantu benshi bambaye udupfukamunwa mu ijosi. Abavuganye n’umunyamakuru wa KT radio, Mutuyimana Servillien bavuga ko ibi barimo kubiterwa n’akamenyero gake.

todayMay 5, 2020 48

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%